Ibyo dukora

Sobanukirwa uko UNICEF itegura ejo hazaza ha buri mwana mu Rwanda

Child play at an early childhood development centre

Kuri buri mwana mu Rwanda...

UNICEF yiyemeje guteza imbere uburenganzira bw’abana bose ibafasha gutegura ejo hazaza ibashyiriraho urufatiro rukomeye kugira ngo abana bagire amahirwe yo kubasha kuzagera ku nzozi zabo.Twizera neza ko gutegura ubuzima bwiza umwana azagira bitangira ataravuka: Bitangirira mu guha nyina amahirwe yo kwipimisha igihe atwite kandi akabasha kubyarira umwana we ahantu hari isuku kandi hari umutekano, noneho wa mubyeyi akazabasha kugera mu kigero cy’ababyeyi bakuru afite ubuzima bwiza, yuzuza inshingano ze kandi asobanukiwe.

Embedded video follows
UNICEF Rwanda

Porogaramu zacu

Buri mwana wese afite uburenganzira bwo kubaho no gutera imbere.

 

Indyo nziza kandi ikungahaye n’ishingiro ryo kubaho, ubuzima n’imikurire y’umwana.

Urukundo, kwitabwaho no gukangura ubushobozi bwe mu myaka ya mbere y’ubuto bwe biha umwana intangiriro nziza y’ubuzima.

 

Umwana wese afite uburenganzira bwo guhabwa uburezi bufite ireme.

Umwana wese afite uburenganzira bwo kurengerwa ngo adakorerwa ihohoterwa, adasambanywa kandi ntaashakirweho indonke.

 

Umwana wese afite uburenganzira bwo kubona amazi meza, kugira isuku no gutura ahantu huje umutekano kandi hasukuye.

Kurengera no kubahiriza uburenganzira bw’abana bisaba ingengo y’imari, amategeko, politike mbonezamubano biteza imbere uburinganire.

 

 

Abana n’imiryango bari ahantu habera intambara bakeneye ubufasha bwihutirwa.

 

Two hands of mother and baby in Rwanda