Kurinda umwana

Guhohoterwa, kutitabwaho, gukoreshwa imirimo ivunanye no guhutazwa bigira ingaruka mbi ku bana haba mu ngo, mu miryango, mu mashuri, n'ahandi baba hose hatuma babaho batekanye.

A young boy in a school uniform peeks out of a wooden schoolhouse window
UNICEF/UN0298977/Bell

Imbogamizi

Ihohoterwa rikorerwa abana ni kimwe mu bikomeye bihungabanya uburenganzira bwabo. Ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Ihohoterwa ribabaza umubiri n’ihohoterwa ribabaza umutima bifite ingaruka mbi cyane ku buzima n’ibyishimo kandi bituma umwana adatanga umusanzu we wose mu kubaka umuryango mugari.

Mu Rwanda, abarenga kimwe cya kabiri cy’abakobwa bose ndetse n’abahungu batandatu mu bahungu icumi bahura n’ihohoterwa rinyuranye mu bwana bwabo. Abana akenshi bahohoterwa n’abantu basanzwe bazi – Ababyeyi, abaturanyi, abarimu, abo bakundana ndetse n’inshuti zabo. Mu bakobwa bahura n’ihohoterwa mu Rwanda, hafi 60 ku ijana ni bo babasha kugira uwo babibwira ndetse ku bahungo ho icyo kigereranyo kiri hasi cyane.

Akenshi impamvu abana badashaka ubutabazi mu gihe bahohotewe nuko baba bumva ko kubahohotera byaturutse ku makosa yabo cyangwa se bakumva ko ihohoterwa atari ikibazo. Abenshi kandi batekereza ko abagore bagomba kwihanganira ihohoterwa cyane cyane kugirango badahungabanya ubumwe bw’umuryango, kandi bakibwira ko abagabo ari bo bagomba kugira ububasha ku mibonano mpuzabitsina.

Ihohoterwa ritera ibikomere by’umutima akenshi bimara igihe kirekire nyuma yo gukira ibikomere by’umubiri.

Iyo abana bahohotewe, biba bishoboka cyane ko banahutaza abandi bana kandi bakagumana iyo ngeso mbi bakayikurana. Ihohoterwa ryo mu bwana rishobora no gutuma umuntu agira agahinda gakabije, gutwita imburagihe, kwishora mu mibonano mpuzabitsina, ndetse bishobora no gutuma umuntu agira ibitekerezo byo kwiyahura.

Hakenewe kugira igikorwa byihuse mu guhangana n’ihohoterwa ryugarije abana n’abantu bakiri bato.

 

A boy crosses his arms and turns away from the camera
UNICEF/UN0302677/Bell

Igisubizo

Gahunda zo kurengera umwana mu Rwanda ziracyiyubaka. Umubare w’abana bazikeneye ni munini ugereranyije n’ubushobozi buhari bwo kubitaho.

UNICEF yafashije Guverinoma y’u Rwanda gukora impinduka z’ingenzi mu myaka ishize:

  • Hashyizweho ibigo 44 byita kubahohotewe (“One-Stop Centres”) aho abahohotewe bashobora kubigaragariza, bagahabwa ubujyanama n’isanamitima, bakanahabwa serivisi z’ubuvuzi.
  • Hashyizweho abantu bahuguriwe gutanga ubujyanama ndetse n’inzobere muby’imitekerereze ya muntu, inzobere mu mategeko, Polisi, ndetse n’abakorerabushake bazwi nk’ “Inshuti z’Umuryango” bagera ku 3,000 bakora ibijyanye no kurengera umwana. Izi Nshuti z’umuryango zifasha kumenya, kugaragaza, no gufata ingamba ku ihohoterwa, guhutazwa n’Ukutitabwaho kw’abana aho batuye.
  • Abana 3,000 babaga mu bigo birera imfubyi bashakiwe imiryango ibarera ikabaha urukundo.
  • Muri 2013 hashyizweho gahunda y’ubutabera ku bana, ndetse muri 2017 hashyirwaho amabwiriza agenga ubutabera ku bana.

Mu Rwanda, UNICEF yibanda ku kongererara ubushobozi gahunda y'igihugu yo kurengera umwana ifatanyije na Guverinoma. Turifuza gahunda ihamye yo kurengera umwana ishobora gufasha mu gukumira no kurwanya ihohoterwa, imirimo ivunanye ikoreshwa abana, ihutazwa no kwirengagizwa. 

Iyo gahunda igomba kuba ishimangira ko:

 

A girl holds her hand up to the camera

Ibigo bya Leta bikwiye gushyiraho amategeko, gutegura igenamigambi n’ingengo y’imari, kugenzura no gushishikariza abantu gahunda zo kurengera umwana ku nzego zose za Leta.

A child protection volunteers sits and counsels a family on recognizing forms of violence.

Abatanga serivisi zo kurengera umwana bakwiye gutanga izo serivise mu buryo bunoze kandi butanga umusaruro.

A boy smiles outside his school with his friends

Abahungu n’abakobwa bose – hamwe n’imiryango yabo – bagomba gukumira no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, kwirengagiza abana, gukoresha abana imirimo ivunanye no kubahutaza binyuze mu kwamagana imigirire iha urwaho ihohorera n’ivangura.

 

Inyandikomvugo

Hodari atewe ishema no kwiga gusoma

UNICEF ifasha abana bafite ubumuga binyuze mu burezi budaheza, yifuza inyubako zorohereza abafite ubumuga n’imfashanyigisho zibanda ku muntu.

Soma inkuru

“Kuri ubu nsigaye mbahamagara Data na Mama"

Nyuma yo gutabwa na nyina, Manzi yahawe umuryango mushya igihe UNICEF yafashaga abasosiyari b’uRwanda bamuhuzaga n’ababyeyi bamurera bamukunda.

Soma inkuru

“Ntitwashoboraga gutuza tutaramubonera umuryango.”

Nyuma y’imyaka 15 itsinda ry’abasosiyare b’u Rwanda babashije guhuza Kariza na nyina.

Soma inkuru

Inyandiko irebana n’ivugurura rya gahunda yita ku bana

Uburyo bikorwa, amasomo twakuyemo na zimwe mu ngero z’ivugurura rya gahunda ya "Tubarerere mu Muryango" guhera 2012-2018

Reba raporo yose

Amakuru ahinnye kuri porogaramu ya UNICEF mu Rwanda

Kuri buri porogaramu, hari amakuru mu mashusho abafasha kumva imbogamizi nyamukuru n’ibikorwa mu Rwanda.

Habwa inyandiko

Ihohoterwa rikorerwa abana n’urubyiruko bafite ubumuga

Ubushakashatsi budashingiye ku mibare bukorwa ku bana baba mu bigo mu Rwanda

Reba raporo yose