Gahunda y'imibereho myiza n'ubushakashatsi

UNICEF yibanda ku bana n’imiryango bafite amahirwe make, igaharanira ko uburenganzira bwabo bwubahirizwa mu mahame rusange, igenamigambi, mu byemezo na za gahunda z’igihugu cyangwa izo mu duce batuyemo kugira ngo abo bana bagerweho na serivisi rusange.

Young teenage boy in Rwanda plays guitar under a tree while another adult helps him.
UNICEF/UNI110280/Noorani

Imbogamizi

Mu myaka 20 ishize, u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu bukungu n’iterambere ry’abaturage.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byagize izamuka ryihuta cyane mu bukungu muri Afurika yo hagati, kandi ni kimwe mu bihugu bike cyane byabashije kugera ku ntego zose z'Iterambere ry'Ikinyagihumbi (MDGs).

Umutekano mu bya politiki, ubuyobozi bushinze imizi, kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi, no kutihanganira ruswa ni zimwe mu nkingi zifasha mu iterambere rigera kuri bose.

Nubwo bimeze bityo ariko, u Rwanda ruracyahura na zimwe mu mbogamizi zikomeye z’iterambere. Ubukene buracyari henshi, 38 by’abaturage baracyari munsi y’umurongo w’ubukene ndetse 16 ku ijana bo babayeho mu bukene bukabije.

 

Ubukene bw'ingeri zinyuranye

Abakene bashobora guhura n’inzitizi zinyuranye icyarimwe. Nk’urugero, bashobora kugira imibereho mibi cyangwa imirire mibi, bakabura amazi meza cyangwa amashanyarazi, gukora akazi gaciriritse cyangwa bakiga nabi. Kwibanda rero ku gukemura imbogamizi imwe ntabwo bihagije kugirango urwanye ubukene nyakuri.

Abana bahura n’ingaruka z’ubukene mu buryo bukomeye, bazahazwa no kubura iby’ibanze byinshi bakeneye birimo uburezi n’ubuzima n’izindi ngaruka nyinshi ubukene bubagiraho.

Mu Rwanda, abana bangana na 25 ku ijana bafite hagati y’imyaka 5 na 14 bahura n’ubukene bw’ingeri zitandukanye bigatuma batabona iby’ibanze bakeneye. Ku bana bafite imyaka iri hagati ya 15 na 17 ho imibare y’abagerwaho n’ingaruka z’ubukene irazamuka ikagera kuri 40 ku ijana. Abana benshi bari muri icyo kigero baba mu bice by’icyaro nk’uko bimeze mu bindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

 

Woman in rural Burera District in Rwanda wearing head scarf
UNICEF/UNI110717/Noorani

Igisubizo

Ibikorwa bya UNICEF kuri gahunda y'imibereho myiza n'ubushakashatsi bigamije kureba neza niba abana bashyizwe ku mwanya w’imbere mu gihe Guverinoma itegura ingengo y’imari maze ikareba ko ibyo abana bakeneye byitaweho. Hagomba kuba hari ingengo y’imari ihagije mu gutegura igenamigambi no gushyira mu bikorwa gahunda z'imibereho myiza zituma abana n’imiryango ikennye babona serivise bakeneye.

Ku bufatanye na Leta, UNICEF ikora ibishoboka kugirango habeho kuringaniza mu mitegurire ya za gahunda zigenewe abaturage ikibanda mu bintu bitatu by’ingenzi:

Close up of boy student in Rwanda wearing school uniform

Gahunda rusange zibanda cyane ku kurinda umwana

 

 

Boy and girl students in Rwanda wearing uniforms writing on desks at school

Gahunda n’ingengo y’imari bitanga amahirwe ku bana

 

Adolescent girl in Rwanda writes on flip chart paper

Ubushakashatsi, ubugenzuzi no kugendera ku bihamya bifatika, hibandwa cyane ku kugabanya ubukene bwo mu ngeri zinyuranye n’ubusumbane mu bana.

 

Inyandikomvugo

Incamake ku ngengo y’imari yagenewe amazi, isuku n’isukura

Kugenera ingengo y’imari amazi n’isukuru mu guteza imbere imibereho myiza y’abana mu Rwanda

Reba raporo yose

Incamake ku ngengo y’imari igenewe abatishoboye

Uko Leta y’u Rwanda ishyira ingengo y’imari mu bikorwa bitagira umwana bisigaza inyuma

Reba raporo yose

Incamake ku ngengo y’imari y’igihugu

UNICEF irareba uko Leta ikemura ibibazo by’abana muri gahunda yayo y’iterambere

Reba raporo yose

Incamake ku ngengo y’imari yagenewe ubuzima n’imirire

Uko Leta y’u Rwanda ishyira ingengo y’imari mu kwita ku buzima bw’abana

Reba raporo yose

Amabwiriza agenga ingengo y’imari

Uko Leta y’uRwanda iri gushora amafaranga mu kubaka uburere bw’umwana

Reba raporo yose

Abashinga ibigo mbonezamikurire y’abana bato bariyongera

Urwego rw’icyayi n’umuryango w’Abayisiramu bafunguye ibigo bibiri mbonezamikurire y’abana bato

Soma inkuru

Amakuru ahinnye kuri porogaramu ya UNICEF mu Rwanda

Kuri buri porogaramu, hari amakuru mu mashusho abafasha kumva imbogamizi nyamukuru n’ibikorwa mu Rwanda.

Habwa inyandiko

Icyuho k’imari ikenewe ku bana b’u Rwanda

Gusesengura uburyo butandukanye bwakwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’amafaranga akenewe gukoreshwa mu bintu byatoranyijwe by’ibanze birebana n’abana

Reba raporo yose