Ubuzima bw’umwana na SIDA

UNICEF irwana no gusigasira ubuzima bwa buri mwana mu Rwanda akaba yuje ubuzima, ameze neza kandi budafite agakoko gaterwa na SIDA.

A baby in Rwanda rests in the hospital neonatal ward.
UNICEF/UN0303033/Bell

Imbogamizi

Ku Isi hose, 80 ku ijana y’impinja zikivuka zipfa zizize impamvu zakumirwa cyangwa zavurwa. Mu Rwanda, UNICEF yiyemeje guharanira ko buri mwana ahabwa ubuvuzi no kwitabwaho by’umwimerere kandi bwemewe ku isi hose.

U Rwanda rwagabanyije umubare w’imfu z’abana bato ku kugero kiri hafi 70 ku ijana.

Mu myaka icumi ishize, kuri buri bana 1,000 bavutse, abana 152 ntibabashije kubaho ngo bizihize isabukuru yabo y’imyaka itanu. Uyu mubare waragabanutse ugera ku mfu 50 kuri buri bana 1,000 bavuka.

Nkuko bitangaje ninako umubare w’imfu z’ababyeyi zagabanutse. Mu myaka icumi ishize, ababyeyi 750 bapfuye kuri buri 100,000 y’ababyara, ariko ubu uyu mubare wagabanutse ku babyeyi 210.

Nubwo bwose uku gutera imbere gutangaje, imibare iracyari myinshi. Abarenga 40 ku ijana y’imfu z’abategejeje imyaka itanu mu Rwanda ari abana bakiri mu kwezi kwabo kwa mbere k’ubuzima.

Igitangaje, umubare munini w’izi mfu z’abana bakivuka zibera mu mavuriro, akunze kubura ibikoresho byabugenewe cyangwa se inzobere mu bavuzi ngo barokore ubwo buzima. Abana bakomoka mu miryango itishoboye nibo bakunze gupfa mbere yuko bageza imyaka itanu kurusha abakomoka mu miryango ikize.

 

Uruhinja i Musanze, mu majyaruguru y’u Rwanda, ruhabwa rumwe mu nkingo ze za mbere.
UNICEF/UN0310754/Muellenmeister Uruhinja i Musanze, mu majyaruguru y’u Rwanda, ruhabwa rumwe mu nkingo ze za mbere. UNICEF ishyigikira Leta mu guharanira ko buri mwana wese agira inkingo zabugenewe mu gihe cyabugenewe.

U Rwanda rushobora kuba kimwe mu bihugu bya mbere byo muri Afurika mu gukuraho burundu ukwanduzanya agakoko gatera SIDA kuva ku mubyeyi kugera ku mwana.

Igihugu cyateye intambwe igaragara mu kurwanya icyorezo cya SIDA.  3% gusa y’abantu nibo babana n’agakoko gatera SIDA, kandi uyu mubare ntujya uhinduka muri iyi myaka icumi ishize. Abasaga 75% y’ababana n’agakoko gatera SIDA bafata imiti yabugenewe.

Abasaga 95% ku ijana ry’abagore batwite babana n’agakoko gatera SIDA bafata imiti yabugenewe ngo bakumire kwanduza agakoko abana babo. Bikanzura ko kwanduza umwana bivuye ku mubyeyi agakoko gatera sida mu myaka 3 ishize ari 2 ku ijana gusa.

Nyamara, urubyiruko mu Rwanda ruracyafite imbogamizi mu kumva uko birinda nuko bavura agakoko gatera SIDA. Ruracyahura cyane no kuvangurwa ndetse ntirukunze kwipimisha bihoraho SIDA, kandi bacye cyane muri rubyiruko nibo bakoresha agakingirizo mu rwego rwo kwirinda agakoko gatera SIDA.

Uru rubyiruko rugira byinshi rukenera ndetse n’imbogamizi bahura nazo, niyo mpamvu rugomba kugana aba bafasha ngo bahabwe ubuvuzi ndetse n’ibikorwa bifasha ingimbi n’abangavu babana n’agakoko gatera SIDA.

 

Umubyeyi n’umwana we w’umuhungu n’umuforomokazi wabo basuye ikigo nderabuzima mu Rwanda.
UNICEF/UN0310759/Muellenmeister Umubyeyi n’umwana we w’umuhungu n’umuforomokazi wabo basuye ikigo nderabuzima mu Rwanda. Guteza imbere ubumenyi n’ubuhanga bw’abakora mu buzima ni ingirakamaro mu kugabanya imfu z’abana n’ababyeyi.

Igisubizo

Guharanira ko buri mwana mu Rwanda abaho akanabaho neza, UNICEF yibanda ku kugabanya imfu z’abana n’ababyeyi, abanduye agakoko gatera SIDA vuba ndeste imfu zishingiye ku bagore n’abana barwaye SIDA n’ingimbi n’abangavu.

Kurwanya izi mbogamizi, UNICEF yibanda ku bice bine bikomeye:

Born premature, a small baby rests against his mother's chest in a hospital in Rwanda, both wrapped in a cloth.
Kugabanya umubare w’ababyeyi bapfa babyara n’abana bapfa bavuka

 

A baby at a health centre in Rwanda with his mother.
Kugabanya umubare w’imfu mu mpinja ziri hagati y’ukwezi 1 n’amezi 59

 

 

Youth in Rwanda visits an HIV testing centre for adolescents.
Kugabanya umubare w’abandura agakoo gatera SIDA ndetse n’impfu zijyanye na SIDA
A doctor performs an ultrasound on a pregnant woman at Ruhengeri Hospital, Musanze in northern Rwanda.
Gushyira imbaraga mu buvuzi

 

 

Imfu z’ababyeyi bapfa babyara n’abana bakivuka

Kugabanya umubare w’ababyeyi bapfa babyara n’abana bapfa bavuka, UNICEF ishyira imbaraga mu guteza imbere umwimerere w’amavuriro mu Rwanda, cyane cyane intrapartum care – iyo umwana ari kubyarwa – no kwita ku mpinja nto cyangwa zirwaye zikivuka.

UNICEF itanga ibikoresho byo kurkora ubuzima byifashishwa kwa muganga n’amavuriro zifasha abantu barenga miliyoni 4 z’abantu, cyangwa se 36 ku ijana ry’abaturage mu Rwanda.

Ariko kuzana ibikoresho byonyine ntibizakiza ubuzima bw’agaciro bw’abantu. UNICEF izana inzobere mu kwita ku bana bakivuka ziturutse yaba hanze cyangwa mu gihugu biciye mu bufatanye buri hagati y’ishuri rya Royal College of Paediatrics and Child Health (RCPCH) n’ikigo cya Rwanda Paediatrics Association (RPA). Izi nzobere zihugura abaganga b’abanyarwanda, abaforomo na babyaza mu kurushaho kwagura ubumenyi mu kwita ku bana bakivuka. Aba bahugura ntibigisha gusa abakozi banashyiraho uburyo bwihariye bwo gucunga ndetse no kubika amakuru ku barwayi.

 

Imfu z’abana bato

Abana bari hagati y’ukwezi kumwe n’amezi 59 bapfa bazize indwara za kwirindwa cyangwa se zavurwa kubera ko ababyeyi babo batabavuriza igihe. UNICEF iharanira guhindura iyi myumvire n’imyitwarire hagati mu miryango ndetse n’abita ku bana ikanafasha guhugura bakozi bashinzwe iby’ubuzima uko bavura indwara rusange nk’impiswe, macinya ndetse na malariya.

Aba bana b’abakobwa bamaze guhabwa inkingo zabo za HPV zibarinda kanseri y’inkondo y’umura, urukingo rurwanya HPV ruhera mu mashuri abanza, na UNICEF igashyigikira leta. Kuri ubu hamaze gutangwa 90% y’uru rukingo.
UNICEF/UN0258669/Rusanganwa Aba bana b’abakobwa bamaze guhabwa inkingo zabo za HPV zibarinda kanseri y’inkondo y’umura, urukingo rurwanya HPV ruhera mu mashuri abanza, na UNICEF igashyigikira leta. Kuri ubu hamaze gutangwa 90% y’uru rukingo.

Kwirinda SIDA n’agakoko kayitera

UNICEF irwana no kuzamura uburyo bwo kwirinda agakoko gatera SIDA, kuyivura ndetse na serivisi zo kwita kubanduye mu Rwanda, cyane cyane ku babyeyi batwite,abana bato ndetse n’ingimbi n’abangavu. Aha harimo guhuza serivizi zo kuvura n’abafasha abarwayi babana n’agakoko gatera SIDA kugirango bitabweho banakomeze bashake uburyo bwimbitse bwo kwitabwaho cyane cyane mu turere n’imijyi hagaragaramo ikigero cyo hejuru cya gakoko gatera SIDA.

 

Gushyira imbaraga mu buvuzi

UNICEF ishyigikira leta mu gushyira imbaraga mu nzego z’ubuvuzi mu gihugu, bamenya ko hari serivisi z’umwimerere, porogaramu zishingiye ku buringaanire no gukoresha neza igihe bahawe na za politiki bashyirirweho cyane cyane mu duce dusanzwe dukora nabi.

Inyandikomvugo

Ibitekerezo ku ngamba z’uburezi muri ibi bihe bya COVID-19

Umugereka wunganira urwandiko rwabanje ku bitekerezo mu guhindura ubuzima rusange no gufata ingamba zerekeranye n'imibereho muri ibi bihe bya COVID-19

Habwa inyandiko

Kugabanya impfu z’abana bakivuka mu Rwanda hose

Kubera inkunga ya Takeda Pharmaceuticals, UNICEF iri guhugura abaganga n’abaformo b’abanyarwanda kugirango babashe gutabara ababyeyi n’abana bakivuka.

Soma inkuru

Ubukangurambaga kuri Ebola bwatangiye hafi y’imipaka

UNICEF- Kimwe na Angelique, Abajyanama b’ubuzima babihuguriwe barakorrera ubushake batanga ubutumwa bwo gukumira icyorezo cya Ebola aho batuye

Soma inkuru

Incamake ku ngengo y’imari yagenewe ubuzima n’imirire

Uko Leta y’u Rwanda ishyira ingengo y’imari mu kwita ku buzima bw’abana

Reba raporo yose

Gukangurira abantu kwirinda Ebola mu musigiti

Uburyo Imamu wo mu Rwanda ari gufasha abantu kwirinda Ebola mu musigiti

Soma inkuru

Inama zitangirwa kuri radiyo

UNICEF itera inkunga radiyo “Radiyo Isano” mu gukora ubukangurambaga mu kwirinda icyorezo cya Ebola ku mupaka w’u Rwanda na Kongo.

Soma inkuru