Amabwiriza yo kuvura imirire mibi ikabije mu Rwanda

Bigenewe abakora kwa muganga, abaganga b’abana, abaganga muri rusange, abaforomo, impuguke mu mirire n’abandi bita ku bana

A mother stands holding her child with a community health worker at a community screening for malnutrition.
UNICEF/UN0302344/Houser

Ibikubiyemo

Imirire mibi iracyari imwe mu mpamvu z’ingenzi zitera uburwayi n’impfu mu bana ku isi – abana bahuye n’ikibazo cy’imirire mibi baba bafite ibyago byo gupfa cyangwa kugwingira ndetse no kudakura mu bwenge.

Iyi mfashanyigisho igamije kuyobora abavura abarwayi bari mu bitaro no mu bigo nderabuzima kubera ikibazo cy’imirire mibi ikaije. Igizwe n’umusogongero ku miterere y’uburwayi bw’imirire mibi ikabije cyane no gukurikirana inzira abarwayi banyuramo bava mu ngo zabo bajya kwivuza bataha mu bigo nderabuzima no ku bitaro ku barwayi barembye.

Iyo mfashanyigisho igenewe abakozi bo kwa muganga harimo abaganga b’abana, abaganga basanzwe, abaforomo, impuguke mu mirire n’abandi bose bita ku barwayi. Iyo mfashanyigisho igomba gusimbura iyari ihari ivuga ku mivurire y’abarwayi bafite ikibazo k’imirire mibi kandi igomba gukoreshwa mu Rwanda hose.

 

Protocol for the Management of Acute Malnutrition - Cover Page of Report
Umwanditsi
Leta y’u Rwanda
Itariki y'inyandiko
Indimi
Icyongereza, Igifaransa